Uko wa Kwemeza imyirondoro y’Indangamuntu koranabuhanga y’abakuru

Breytt Tue, 10 Feb kl 4:32 PM

U Rwanda ruri kwitegura gutangiza sisiteme nshya y’Indangamuntu y’ikoranabuhanga. Mbere y’itangizwa ryayo ku mugaragaro, abaturage n’abatuye mu gihugu basabwa kuzuza uburyo bwo kwiyandikisha by’agateganyo kugira ngo bagenzure kandi bavugurure amakuru yabo bwite.
 Iyi ntambwe igamije kwemeza ko amakuru yawe ari yo neza mbere y’uko amakuru aranga umuntu ku giti cye (nk’ibikumwe, isura n’imiterere yayo, ijisho) akusanywa kugirango Indangamuntu y’ikoranabuhunga itangwe.


Kwemeza imyirondoro y’indangamuntu koranabuhanga bigabanyijemo ibyiciro 2:

  • Kwemeza imyirondoro y’indangamuntu koranabuhanga ku bakuru, bikaba bigenewe abasaba bafite imyaka 16 kuzamura,Kugira ngo umenye byinshi kuri iyi serivisi.

  • Kwemeza imyirondoro y’indangamuntu koranabuhanga y’abishingiwe, bikaba bigenewe abari munsi y’imyaka 16 n’abantu bakenera ubufasha bwihariye, kanda hano.


  • Ukwiyandikisha by’agateganyo ni iki?


Kwiyandikisha by’agateganyo ni intambwe ya mbere yo kubona nimero imwe y’Indangamuntu y’ikoranabuhanga (SDID). Uku kwiyandikisha gufasha abaturage kugenzura no kuvugurura amakuru yabo bwite ku rubuga, gutanga inyandiko zisabwa, no gufata igihe cyo gufata amakuru aranga umuntu ku giti cye (nk’imiterere y’ibikumwe, ijisho, no mu maso), bityo bakemeza ko amakuru yabo y’indangamuntu ari yo neza kandi ahuje neza mbere yo kwiyandikisha byuzuye.

Ni izihe nyungu z’Indangamuntu y’ikoranabuhanga?

 Waba wibaza impamvu turimo kwimukira kugukoresha Indangamuntu y’ikoranabuhanga. Dore impamvu:

  • Umutekano wizewe hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho rya biyometirike

  • Kugera kuri serivisi mu buryo bwihuse kandi bwizewe

  • Ufite uburenganzira bwo kugenzura amakuru yawe bwite, kandi ukihitiramo ayo usangiza abandi

  • Ikoreshwa yaba uri interneti cyangwa utayiriho


Ibyo Ugomba Kumenya Mbere yo Gusaba Iyandikisha ry’Agateganyo:

  • Kugira ngo usabe, ugomba kuba winjiye muri konti yawe. Niba nta yo ufite, kanda hano urebe uko wayikora.

  • Kugira ngo wiyandikishe mu buryo bw’agateganyo ku indangamuntu y’ikoranabuhanga, ugomba kuba ufite imyaka 18 cyangwa uyirengeje.

  • Ugomba kuba ufite Indangamuntu y’Umunyarwanda, Indangamuntu y’Umunyamahanga, cyangwa nimero y’ubusabe itangwa NIDA.

    • Niba nta cyangombwa na kimwe kikumuranga ufite, jya ku biro by’umurenge cyangwa akagari utuyemo usabe kwiyandikisha muri serivisi z’irangamirere (CRVS)


Uko wasaba iyi serivisi

  1. Sura urubuga rwa digitalid.irembo.gov.rw maze winjire ukoresheje konti yawe ya Irembo.


  1. Manura munsi ujye ku cyiciro cy’Indangamuntu, hanyuma ukande kuri Kwemeza imyirondoro y’Indangamuntu koranabuhanga y’abakuru(Abakuru).

  1. Kanda kuri “Saba” kugirango utanira ubusabe 

  1. Hitamo niba usaba ukoresheje icyangombwa kikuranga cyangwa ukoresheje kode yo kugenzura isura y’usaba hanyuma ukande kuri Komeza kugira ngo ukomeze.

  1. Hitamo niba usaba nk’Umunyarwanda cyangwa umunyamahanga uba mu Rwanda mu buryo bwemewe n’amategeko.

  1. Niba uri Umunyarwanda, shyiramo nimero ya Indangamuntu yawe cyangwa nimero y’Ifishi y’umwenegihugu  uri kuzuza usabe. Niba uri umunyamahanga, shyiramo nimero ya Indangamuntu y’Abanyamahanga.

8. Kwemeza gukoresha Isura mu buryo bw’ikoranabuhanga (Face ID): Koresha ikoranabuhanga ryo kumenya isura kugirango wemeze umwirondoro wawe neza ukurikije amabwiriza agaragara ku nyerekana mashusho.

Icyitonderwa: Niba kwemeza usura Face ID bidakunze, ushobora gukoresha Kwemeza ukoresheje kode ya “ifoto mwifashe”, ariwo ijambo ry’ibanga rikoreshwa rimwe (OTP) riza kuri nimero ya telefoni watanze.

  1. Emeza umwirondoro wawe ukoresheje ijambo ry’ibanga rikoreshwa rimwe (OTP) ryoherejwe kuri nimero ya telefoni wandikishije, cyangwa usubize neza ikibazo cy’ibanga cyawe.





  1. Amakuru asabwa:: Emeza amakuru yawe bwite, aderesi y’aho utuye, n’amakuru y’ababyeyi; andika amakuru y’imikoranire hanyuma ukomeze ugerageze gukomeza.



  1. Ongeraho ibindi byangombwa bikenewe niba hari ibisabwa


  1. Shyira umukono ku rupapuro rutanga uburenganzira kugira ngo ukomeze.


  • Emeza ko amakuru ari ukuri, andika nimero ya telefoni (y’imbere mu gihugu) n’aderesi ya imeyili, kanda akazu ko kwemeza, hanyuma ukande ahanditse “Kora ubusabe.”



Niki kibaho nyuma yo kwemeza imyirondoro y’indangamuntu koranabuhanga?

Nyuma yo gusoza neza kwemeza imyirondoro:

  1. Uzakira ubutumwa bugufi (SMS) cyangwa imeyili bihamya ko ubusabe bwawe bwo kwemeza imyirondoro y’indangamuntu koranabuhanga bwoherejwe neza.

  2. Ubwo busabe nibumara kwakirwa no kwemezwa, uzahabwa ubutumwa bwemeza ko igikorwa cyakunze burimo nomero yo kwemeza imyirondoro y’indangamuntu koranabuhanga n’itariki yo kujya gutanga ibimenyetso byawe bikuranga nk’ibikumwe n’isura (biometric data) ku kigo kikwegereye, binyuze kuri imeyili.

Var þessi grein gagnleg?

Það er frábært!

Þakka þér fyrir álit þitt

Því miður! Við gátum ekki verið hjálpleg

Þakka þér fyrir álit þitt

Láttu okkur vita hvernig við getum bætt þessa grein!

Veldu að minnsta kosti eina af ástæðunum
Staðfesting á CAPTCHA er nauðsynleg.

Viðbrögð send

Við kunnum að meta fyrirhöfn þína og munum reyna að laga greinina