Gusaba icyemezo giha agaciro impamyabumenyi zatangiwe mu mahanga - Kaminuza

Breytt Mon, 9 Feb kl 5:21 PM

Iyi serivisi ifasha abantu bize kaminuza mu mahanga gusaba icyemezo cy’uko impamyabumenyi zabo zingana n’iziri ku rwego rw’amashuri makuru yo mu Rwanda. Ibi bifasha mu kumenya impamyabumenyi, dipolome, cyangwa ibindi byemezo by’amashuri yisumbuye byavuye mu mahanga kugira ngo byemerwe mu gihugu cy’u Rwanda..

Iyi serivisi itangwa n’Ikigo gishinzwe Amashuri Makuru mu Rwanda (HEC) ibinyujije ku IremboGov.

  • Amakuru y’ingenzi mbere yo gusaba iyi serivisi:


  • Ugomba kuba ufite konti ya Irembo. Niba utayifite, kanda hano urebe uburyo bwo kuyifungura.

  • Abanyarwanda bagomba kuba bafite Indangamuntu y’u Rwanda, naho abanyamahanga bagakoresha Pasiporo.

  • Niba wararangije icyiciro runaka cy’amashuri makuru mu mahanga, ubanza ugasaba inganyisha kuri iyo mpamyabumenyi yawe ya mbere.

  • Inyandiko zawe z’amashuri zigomba gushyirwaho umukono na Noteri w’umunyarwanda cyangwa Ambasade y’u Rwanda mu gihugu waherewemo impamyabumenyi.

  • Kubo bireba: Impamyabumenyi z’agateganyo, icyemezo cyo gusoza amasomo, icyemezo cy’uko watsinze amasomo, Icyemezo gihagarariye umuntu runaka (à qui de droit), n’ibindi bisa na byo ntibyemerwa mu gusabirwa icyemezo cyo kunganyisha.

  • Tanga inyandiko zishyigikira ku bijyanye n’imenyerezamwuga (internship), icyemezo cy’ubunyamwuga cyangwa Inyandiko isezeranya akazi (license/job offer), amasezerano y’akazi, uruhushya rwo gukorera mu gihugu, cyangwa viza, byose bigomba kugaragaza ifoto isobanutse y’usaba kandi byemezwe na Noteri wa Leta. Iri tegeko rireba abanyeshuri b’abanyamahanga bifuza kwiga mu Rwanda

  • Ibyemezo byose, impamyabumenyi, n’indangamanota byatanzwe mu rundi rurimi rutari Icyongereza bigomba guhindurwa mu Cyongereza kandi bigashyirwaho icyemezo cyemewe n’ikigo cyatanze ibyo byemezo.

  • Niba bigaragaye ko inyandiko zatanzwe atari umwimerere, HEC ifite uburenganzira bwo kutasohora icyemezo.

  • Inyandiko zose z’impamyabumenyi, indangamanota cyangwa dipolome zanditse mu ndimi zitari icyongereza zigomba kubanza guhindurwa mu cyongereza kandi zemezwe n’ishuri ryazitangiye.


Inyandiko z’imigereka zisabwa

Izi nyandiko zikurikira zisabwa ku bantu bose basaba iyi serivisi:

  • Kopi yemewe ifite umukono wa noteri  y’icyemezo/impamyabumenyi yagendeweho mu guhabwa umwanya ku ishuri

  • Kopi yemewe ifite umukono wa noteri y’icyemezo cya nyuma cyangwa impamyabumenyi usabira agaciro mu Rwanda

  • Kopi yemewe ifite umukono wa noteri y’indangamanota ku rwego rwose rw’amashuri wize


  • Inyandiko zishobora gusabwa bitewe n’ibikenewe

Inyandiko zikurikira zishobora gusabwa bitewe n’amategeko cyangwa ibipimo byihariye:

  • Kopi y’urupapuro rw’abarangije amasomo mu gihe warangizaga (niba bihari).

  • Kopi y’ikarita y’umunyeshuri cyangwa icyemezo cy’uko nta deni ubereyemo ikigo nyuma yo kurangiza amasomo (niba bihari).

Niba impamyabumenyi yarabonywe binyuze mu kwigira kuri murandasi, ongeraho imigereka ikurikira;

Ohereza izi nyandiko:

  • Icyemezo cyatanzwe n’urwego rwemewe rwo kugenzura ibizamini (accredited examination body), kigomba kugaragaza:

    • Icyemezo cyemeza ko icyo  ikigo  kemerewe gutanga amasomo mu buryo bw’ikoranabuhanga (online) n’urwego rwatanzwe n’umuryango wemewe

    • Ibaruwa yemeza ko icyo kigo cyemewe n’Ikigo gishinzwe Amashuri Makuru mu Rwanda (HEC); ibi bireba ibigo by’amashuri mpuzamahanga

    • Amabwiriza  y’ishuri ku bijyanye no Kwiyitirira iby’abandi (plagiarism)

    • Icyemezo kigaragaza uburyo bwo gukurikirana ibizamini (live monitoring), cyemejwe n’ishuri

    • Inyandiko cyangwa ibyavuye mu gukusanya amakuru (feedback) y’ibikorwa by’amasomo yabaye hifashishijwe ikoranabuhunga

    • Amabwiriza y’ishuri ku igenzura ry’amasomo kuri murandasi (interineti).

Icyitonderwa: Nk’uko biteganywa n’amategeko agenga amashuri makuru mu Rwanda, uburyo bwo gupima hakoreshejwe proctor system ntibyemewe.


Niba ufite PhD, uzakenera gutanga zimwe mu nyandiko zikurikira, hakurikijwe ubwoko bwa dogitora ufite.

  1. Niba PhD ishingiye ku bushakashatsi gusa, ohereza inyandiko zikurikira:

  • Icyemezo cyo kwinjira mu ishuri (Admission letter)

  • Urupapuro rw’imbere (Cover page) n’inyandiko ngufi isobanura PhD yawe (summary/abstract), cyangwa umuyoboro (linki) wa teze (thesis) yawe mu isomero

  • Umuyoboro (Linki) w’inyandiko imwe mu z’amasomo washyize ahagaragara mu ihurizo ry’inyandiko z’ubumenyi ryizewe niba ishuri ryawe ryarigeze kuyisubiramo.

  • Kopi y’impamyabumenyi ya PhD

  • Inyandiko y’amabwiriza agenga PhD (PhD guiding policy document)



2. PhD ishingiye ku masomo, Ohereza inyandiko zikurikira:

Ohereza inyandiko zikurikira:

  • Ibaruwa yo guhabwa ishuri (Admission letter)

  • Urupapuro rw’imbere (Cover page) n’inyandiko ngufi isobanura PhD yawe, yemejwe kandi yashyizwe mu isomero, cyangwa linki ya teze yawe

  • Impamyabumenyi y’ikirenga ya PhD

3. Digitora Ijyanye n’umwuga,  Ohereza inyandiko zikurikira:

Ohereza inyandiko zikurikira:

  • Ibaruwa yemeza guhabwa ishuri (Admission letter)

  • Urupapuro rw’imbere (Cover page) n’inyandiko ngufi isobanura teze (thesis) ya PhD, yemejwe kandi yashyizwe mu isomero, cyangwa linki ya teze (thesis) yawe

  • Impamyabumenyi ya PhD ijyanye n’umwuga

  • Dogitora ijyanye n’umwuga yemejwe kandi yashyizwe mu isomero 

4. Digitora y’Icyubahiro,  Ohereza inyandiko zikurikira:

Ohereza inyandiko zikurikira:

  • Ibaruwa yemeza guhabwa ishuri (Admission letter)

  • Impamyabumenyi ya PhD

  • Ibyemezo by’inama ya Seneti y’ishuri ryemewe ryatanze  PhD y’icyubahiro

  • Ibaruwa y’urwego rushinzwe kugenzura amashuri makuru yemeza gutanga PhD y’icyubahiro




  • Igihe cyo gutunganya Ubusabe n’igiciro

Igihe cyo gutunganya Ubusabe

Igiciro

Iminsi 5 y’akazi

1 000 (RWF)



  • Kurikiza izi ntambwe kugira ngo wige uko wasaba iyi serivisi.



Intambwe ya 1: Sura urubuga rwa Irembo kuri new.irembo.gov.rw maze winjire muri konti yawe.




Intambwe ya 2: Manuka munsi y’icyiciro cy “Uburezi” hanyuma ukande kuri “Gusaba icyemezo giha agaciro impamyabumenyi zatangiwe mu mamahanga - Kaminuza.”



Intambwe ya 3: Kanda kuri “Saba” utangire ubusabe.



Intambwe ya 4: Andika amakuru yawe bwite arimo ubwenegihugu, itariki y’amavuko, amazina y’ababyeyi, n’amakuru yaho bakubariza baguhamagaye mu buryo bw’ikorabuhanga.


Intambwe ya 5: Impamvu y’ubusabe


Intambwe ya 6: Andika amakuru y’ikigo cyatanze impamyabumenyi iri gusabwirwa inganyisha, nkuko ubisabwe.


 Intambwe ya 7: Uzuza amakuru ajyanye na ibyo wize mu cyiciro wasoje.





Intambwe ya 8: Ohereza inyandiko zisabwa mu buryo bukwiriye hanyuma ukomeze ku yindi ntambwe.

Intambwe ya 9: Genzura ko amakuru ari ukuri, andika nimero ya telefoni (y’imbere mu gihugu) n’aderesi ya emeyili, uvivure mu kazu, hanyuma ukande kuri Ohereza


Intambwe ya 10: Umubare wo kwishyuriraho (Utangizwa na 88…) uzahita utangwa. Kanda kuri Ishyura. Hanyuma uhitamo uburyo bwo kwishyura ukunda. Ushaka kumenya andi makuru ku buryo bwo kwishyura, kanda hano.


  • N’iki Wakwitega nyuma yo kohereza ubusabe bwawe?

  • Nyuma yo gusaba serivisi no kwishyura neza binyuze kuri IremboGov, Ikigo Gishinzwe Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC) cyakira ubusabe.

  • Ubusabe nibumara kwemezwa, usaba ahita ahabwa ubutumwa bugufi (SMS) cyangwa emeyili bimumenyesha ko icyemezo cyabonetse kandi ko ashobora kugikuramo kuri IremboGov.

Byongeye kandi, iyo usabye yatanze aderesi ya emeyili ubwo yasabaga serivisi, icyemezo gihita cyohererezwa kuri iyo emeyili. Nta mpamvu yo kongera kugikurura kuri urwo rubuga.




Var þessi grein gagnleg?

Það er frábært!

Þakka þér fyrir álit þitt

Því miður! Við gátum ekki verið hjálpleg

Þakka þér fyrir álit þitt

Láttu okkur vita hvernig við getum bætt þessa grein!

Veldu að minnsta kosti eina af ástæðunum
Staðfesting á CAPTCHA er nauðsynleg.

Viðbrögð send

Við kunnum að meta fyrirhöfn þína og munum reyna að laga greinina